Wednesday 17 August 2011

URWENYA

Umugore yinjiye muri kabari maze arabukwa umugabo wari wambaye zahabu ku maboko, ku ntoki no mu josi maze aramubwira ati "Mbega ngo abantu barasa ntacyo bapfana ! Uzi ko usa neza neza n’umugabo wanjye wa gatatu " ! Umugabo arumirwa dore ko amaso yari ayo maze abaza umugore ati : "Kuki nsa n’uwo mugabo wawe ? aho nsa nawe ni hehe ? Wagize abagabo bangahe ?" umugore ati : "Nagize abagabo babiri nawe wa gatatu nahigaga."
-Umuntu yagiye mu ijuru ahabona inzu abakoze ibyaha bike babanza hejuru. Abonye Padiri ati ko uri hano ? Padiri ati : “Vuga buhoro Musenyeri atakumva, ari muri cave.”
-Umugabo yari muri Penetensiya, ati “Naribye, naratukanye, narasambanye”, Padiri amuca mu ijambo aramwegera ati “Ariko mwe Abagore mubakura he ?”
-Umusazi yaribye batangira kumukubita ahita ababwira ati musigeho mbabwire, “Mureke kunkubita mu kavuyo, ab’imigeri babanze, hakurikireho ab’ingumi”.
-Abasaza biga gusoma no kwandika, mwalimu yandika “IMBARAGASA” ryuzura ikibaho kuko bari barwaye amaso. Umwe ati “yanditse ikimasa cyanjye nticyahakwira.”
-Bimenyerewe ko uwitabye telefoni wese agira ati “allo” (a l’eau), umunsi umwe umuntu ahamagaye mugenzi we ati “allo” undi ati “aluwile” (a l’huile).
- Umugabo yagiye kwa muganga yahiye amatwi yombi, noneho muganga ati ariko ese ubundi ubu byakugendekeye bite ? Undi wahora n’iki wa muganga ko telefone yasonnye ndimo ntera ipasi, noneho nakwitaba mfata ipasi aho gufata telefone ! Muganga ati nonese amatwi yombi yahiye ate ? Umugabo ati umva da ! Nonese sinagombye gutelefona hano nsaba rendez-vous !

No comments:

Post a Comment