Nyuma ya filime y'ubukwe bga Kinyamurenge, Freddy Nzabonimpa bita Rutebuka yatugejejeho gahunda ye nsha.
Yanditswe ku minsi 01 / 09 /2012 - 2:01:44
Freddy Nzabonimpa
Ifoto: Facebook
Nyuma yo
gukina muri filime y'ubukwe bga Kinyamurenge yasohowe n'umuryango
Ambassadors Ministries ufite icicaro mu gihugu ca Kenya, Freddy
Nzabonimpa wakinye ari Rutebuka yadutangarije yuko ari mu myiteguro yo
gukora indi filime. Ku bantu bagize amahirwe yo kureba iyi filime,
umwanditsi akaba n'umukinyi w'amafilime, Rutebuka, yakinye ari umukwe.
Mu yandi magambo, Rutebuka n’umugeni nibo bagaragaye cane muri iyi
filime, dore ko aribo filime yari yubakiyeho kubera yuko yakinywe mu
rwego rwo kwibutsa no kwigisha abantu uko ubukwe bukorwa mu
Banyamurenge.
Nkuko yabyivugiye mu butumwa yatwohereje, Rutebuka yabivuze mu magambo akurikira:
Mu minsi yashize, nibgo
twabagezagaho filime twakoze kubijanye n'uko ubukwe bga Kinyamurenge
bgakorwaga kera. Nyuma yo kurebera hamwe ibyo dukwiriye gukora
nk'abahanzi ba Kinyamurenge, dukomeje kwigisha abantu umuco mu magambo
no mu bikorwa. Bamwe mu bahanzi bakoze filime ya mbere, bongeye kugira
ikindi gitekerezo co gukora iyindi filime yerekana ubuzima bg'umwana
w'impfubyi, uko ababazwa kandi benshi ntibamwiteho.
Imurenge.com imubajije izina
ry'iyi filime, Rutebuka yirinze kugira ico abivugaho bitewe nuko izina
ritaremezwa. Rutebuka yadutangarije kandi yuko afite gahunda yo gukorana
n'abandi bakinyi b'amafiime batandukanye.
Umwanditsi akaba n'umukinyi wa filime Freddy Nzabonimpa bita Rutebuka