Monday 16 January 2012

Nyuma ya filime y'ubukwe bga Kinyamurenge, Freddy Nzabonimpa bita Rutebuka yatugejejeho gahunda ye nsha.
Yanditswe ku minsi 01 / 09 /2012 - 2:01:44
Freddy Nzabonimpa
Ifoto: Facebook
 Nyuma yo gukina muri filime y'ubukwe bga Kinyamurenge yasohowe n'umuryango Ambassadors Ministries ufite icicaro mu gihugu ca Kenya, Freddy Nzabonimpa wakinye ari Rutebuka yadutangarije yuko ari mu myiteguro yo gukora indi filime. Ku bantu bagize amahirwe yo kureba iyi filime, umwanditsi akaba n'umukinyi w'amafilime, Rutebuka, yakinye ari umukwe. Mu yandi magambo, Rutebuka n’umugeni nibo bagaragaye cane muri iyi filime, dore ko aribo filime yari yubakiyeho kubera yuko yakinywe mu rwego rwo kwibutsa no kwigisha abantu uko ubukwe bukorwa mu Banyamurenge. 


Nkuko yabyivugiye mu butumwa yatwohereje, Rutebuka yabivuze mu magambo akurikira:

Mu minsi yashize, nibgo twabagezagaho filime twakoze kubijanye n'uko ubukwe bga Kinyamurenge bgakorwaga kera. Nyuma yo kurebera hamwe ibyo dukwiriye gukora nk'abahanzi ba Kinyamurenge, dukomeje kwigisha abantu umuco mu magambo no mu bikorwa. Bamwe mu bahanzi bakoze filime ya mbere, bongeye kugira ikindi gitekerezo co gukora iyindi filime yerekana ubuzima bg'umwana w'impfubyi, uko ababazwa kandi benshi ntibamwiteho.

Imurenge.com imubajije izina ry'iyi filime, Rutebuka yirinze kugira ico abivugaho bitewe nuko izina ritaremezwa. Rutebuka yadutangarije kandi yuko afite gahunda yo gukorana n'abandi bakinyi b'amafiime batandukanye.


Umwanditsi akaba n'umukinyi wa filime Freddy Nzabonimpa bita Rutebuka

No comments:

Post a Comment