Friday, 11 November 2011

AMATEKA AMWE NA MWE YA NYARUKUNDO NIBITEKEREZO BYE KUBANYAMURENGE BARI MUMAHANGA NA KAZOZA KABO( Uko bibona n’inama abajyira)




Ikiganiro Imurenge.com yagiranye na Rose Mapendo Nyarukundo kubijanye n'ahazoza h'Umunyamurenge.
Yanditswe ku minsi 11 / 0111 /2011 - 5:13:28 Mwanditsi mukuru Manzi Bonny
Rose atanga ijambo k'umunsi mukuru w'impunzi muri Washington, D.C. (White House)
Ifoto:
Muri iki gihe Abanyamurenge bamaze kugwira mu mahanga ari benshi cane kubera intambara z'urudaca mu gihugu cabo ca Congo, ikibazo gikomeza kugaruka kenshi n'ikijanye n'ahazoza habo. Tuvuze ahazoza habo tuba dushatse kuvuga umuco, umutekano, iterambere, n'ibindi byinshi umuntu wese yatekereza. Kubera iyi mpamvu ndetse bibaka biri no mu nshingano za Umusanzu.blogspot.com, tugenda tuganiriza abantu batandukanye ku bijanye n'ahazoza h'Umunyamurenge muri Congo ndetse no mu mahanga.

Mu minsi ishize Imurenge.com yagiranye ikiganiro kirambuye na Rose Mapendo Nyarukundo. Nyuma y’iki kiganiro, twateguye inkuru zibiri. Iyi n’inkuru ya mbere, iya kabiri izashirwa ku rubuga mu minsi iri mbere. Nyarukundo n'umumama w'Umunyamurenge utuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Amaze kugera kuri byinshi cane mu rwego rw'isi. Mu byo yagezeho harimo firime yakinye yitwa “Pushing the Elephant” [iyi firime irakunzwe cane hirya no hino kw'isi; yabaye kandi iya mbere muri mwaka w‘2009 mu muryango w’abibumbye wita ku mpunzi. Bityo yegukana igihembo ciswe Humanitarian of the Year Award]. Nyarukundo yabaye impunzi ya mbere mu mateka y'isi gutanga ijambo mu gikorwa c’umuryango w’abibumbye wita ku mpunzi (UNHCR) citwa the Annual Tripartite Consultations on Resettlement i Geneve mu  gihuru c’u Busuwise.Nyarukundo kandi yamenyekanye cane mw'ishirahamwe Mapendo International. Iri shiramwe, ubu risigaye ryitwa Refugee Point, rishinzwe kwita ku mpunzi hirya no hino kw'isi. Ubu Nyarukundo n'umwe mu bakuriye umuryango  yatangije witwa Mapendo Horizons.


Rose Nyarukundo avuga ijambo umunsi yakiraga igihembo firime Pushing the Elephant yari yatsindiye mu mwaka w'2009 (Humanitarian of the Year Award). 

Mu kiganiro twagiranye nawe ku murongo wa telephone, twamubajije ibibazo byinshi.

Dore amwe mu magambo yavuze mu kiganiro:

- Ku bijanye n'Abanyamurenge muri rusange: Yavuze ko kuva kera kose Abanyamurenge barangwaga n'urukundo muri bo ariko ngo ubu bamwe rwabashizemo. Yavuze kandi ko ahatari umuco nta bgoko buba buhari. Yakomeje avuga ko umuco w'Abanyamurenge urangwa no kwibgirana. Umushitsi iyo yazindukaga, ntiyitwazaga ihamba kubera ko yafunguzaga mu muhana agezemo wose. Umushitsi yarishimirwaga cane iyo yabaga yatashe mu nzu y'umuntu. Ba nyiri rugo bamwakiraga ibyo yikoreye, bakamubikira inkoni, ndetse bakamufungurira. Yagarutse ku bijanye no kugaba inka. 

Abanyamurenge bagabiranaga inka. Gushima nawo n'ikintu kimwe mubigize umuco w'Abanyamurenge. Iyo umuntu yagabirwaga inka, buri gihe yirahiraga uwamugabiye. Iki n'ikimenyetso co gushima.

Umuco w'Abanyamurenge kandi urangwa no gutabarana. Iyo habaga hapfuye umuntu, abaturanyi baratabaraga. Umuco wa Kinyamurenge kandi warangwaga no kudahemuka. Abanyamurenge bari inyangamugayo. Ariko ubu ibintu byarahindutse; umuco waratakaye, ahubgo abantu bagenda batoragura iy'abandi aho bageze hose.

- Kubijanye n'iterambere no gukunda igihugu: Abantu bakagombye kugira ibitekerezo byo kwiteza imbere. Nta gihugu kidakizwa na banyiraco. Kubera ko batazi iyo bavuka, Abirabura b'Abanyamerika bahora bifuza kumenya ibihugu bakomokamo bifashishije ubuhanga bugezweho bgo gupima ico bita DNA. Abanyamurenge batuye mu mahanga bakwiriye gukomeza umuco wabo aho bari hose.

UBUTWARI BWA MARTIN LUTHER KING DUSHOBORA KUBWIGIRAHO


UBUTWARI BWA MARTIN LUTHER KING DUSHOBORA KUBWIGIRAHO

Ubutwari bga Dr. Martin Luther King, Jr. ntibugereranywa.
Yanditswe ku minsi 10 / 11/2011 - 6:00:42 Mwabigejejweho na Manzi Bonny umwanditsi mukuru w’Umusanzu.blogspot.com
Dr. Martin Luther King, Jr.
Ifoto:iyi ni ifoto ye

Nkunko iyi nkuru yakorewe ubushakashatsi kuma site atandukanye nk’ IMURENGE.COM,WICKMWDIA.COM … Ikinyamakuru UMUSANZU.COM yifuje kubagezaho amateka yuyu mugabo wabaye intwari mubirabura bohambere

 Dr. Martin Luther King, Jr. yavutse ku minsi 15, mu kwezi kwa mbere, 1929, avukira mu muji wa Atlanta, muri Georgia, Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Yari umwana w'umupasiteri w'kanisa ryitwa Ebenezer Baptist Church muri Atlanta. Ise yitwaga Michael Luther King, nyina akitwa Alberta King. Martin Luther yasengewe kuba umwungeri w'iri kanisa i Montgomery, Atlanta mu mwaka w'1947. Yaje kuba umwungeri nyiri zina mu mwaka w'1954. Guhera mu mwaka w'1955 kugeza mu mwaka w'1956, yayoboye abirabura bagenzi be kurwanya akarengane kabakorerwaga, cane cane bashirwaga iruhande bakangirwa kugendera mu ma bisi (bus) ya leta. Tubibutse ko muri iki gihe, Abirabura bari bafashwe nabi cane n'abagenzi babo b'Abazungu. Ibi bikorwa byo gushakira Abirabura bo muri Amerika ubgigenge yabitangiriye mu maj'epfo ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika ariko aza kubikomereza muri Amerika yose.

Nubgo yafunzwe incuro nyinshi azira ubu butwari, mu mwaka w'1963 yaramenyekanye cane mu rwego rw'isi yose. Muri uyu mwaka nyine yaje kuyobora imyigaragambyo yabereye i Washington, D.C., aho yitabiriwe n'abantu barenga ibihumbu 200. Mu mwaka w'1964, yahawe igihembo c'amahoro citiriwe Nobel (Nobel Peace Prize). Burya ngo intwari ntirama, ku minsi 4 y'ukwezi kwa kane, 1968, Dr. Martin Luther King, Jr. yararashwe aricwa ubgo yari ahagaze imbere y'ihoteri yitwa Lorraine, mu muji wa Memphis, Tennessee. Kubera ubutwari bge, Leta ya Amerika yashizeho urwibutsi rwo kumwibuka buri mwaka mu kwezi kwa mbere.

Dore muri make ubuzima bge:
Muri 1929: Martin Luther King, Jr. nibgo yavutse.
Muri 1944: Yarangije amasomo yo hejuru afite imyaka 15.
Muri 1948: Yarangije kaminuza afite imyaka 19, aho yize ibijanye n'imibereho y'abantu n'ingo muri Morehouse College.
Muri 1951: Yize kandi ahabga diporome ya teologi (theology) mu muji wa Chester, i Pennsylvania.
Muri 1953: Yashakanye n'uwitwa Coretta Scott babyarana abana bane.
Muri 1954: Yabaye umwungeri w'ikanisa ryitwa Dexter Avenue Baptist Church i Montgomery, muri Atlanta.
Muri 1955: Yafashe diporome yo mu rwego rwa Ph.D mu bijanye na teologi muri kaminuza y'i Boston.
Muri uyu mwaka kandi nibgo yatangiye kurwanya akarengane kakorerwaga Abirabura muri Amerika afite imyaka 26 gusa. Maze aramenyekana muri Amerika yose.
Muri 1956: Inzu yiwe yararashwe. Urukiko rukuru rwa Amerika rwatangiye kwiga ikibazo Dr. Martin Luther King, Jr. yarwanyaga (kwangirwa kw'Abirabura kugendera mu ma bisi ya Leta).
Muri 1957: King yafashije mw'ishingwa rya konferanse bise Southern Christian Leadership Conference.
Muri 1958: Yanditse igitabo yise Stride Toward Freedom (bisobanurwa ngo kugenda urugenzi rurerure ugana ku bgigenge). Iki gitabo kiravuga hejuru yo kwangirwa kw'Abirabura kugendera mu ma bisi ya Leta.
Muri 1959: Yasuye igihugu c'Ubuhinde aja kwiga ibijanye no kwigaragambya mu mahoro.
Muri 1960: Yafatikanyije na se umubyara ku mwanya w'ubupasiteri mw'ikanisa rya Ebenezer Baptist Church muri Atlanta.
Muri 1963: Yarafashwe arafungwa azira kurwanya akarengane k'Abirabura. Yafungiwe ahitwa i Birmingham, muri Alabama. Ari mu buroko, yanditse urwandiko yise Letter From Birmingham City Jail (urwandiko ruvuye mu buroko bga Birmingham). Uru rwandiko yarwanditse avuga ko abantu bafite uburenganzira bgo kurwanya akarengane no gukoresha amateko nabi kuri bamwe. Muri uyu mwaka kandi nibgo yatanze diskuru yakunzwe cane yitwa I Have a Dream (mfite inzozi).
Muri 1964: Yanditse igitabo yise Why We Can't Wait (impamvu tudashobora gutegereza). Kongere (congress) ya Amerika yemeje ikurwaho ry'akarengane mu masomo no mu tuzi. King yahawe igihembo c'amahoro zitiriwe Nobel (Nobel Peace Prize).
Muri 1965: King n'ishirahamwe twavuze haruguru yatangije ryiswe Southern Christian Leadership Conference bishize hamwe maze bakora indi myigaragambyo yari igamije guha abantu bose uburenganzira bgo gutora. Kongere ya Amerika kandi yatambukije itegeko ryemerera Abirabura gutora.
Muri 1966: King yatangiye nonoho kurwanya akarengane gashingiye k'ubutunzi. Southern Christian Leadership Conference yokomeje ibikorwa byayo mu maja ruguru ya Amerika. Muri Chicago bahafungura ibiro byabo. Batangira kurwanya akarengane mu bijanye no guhabga amazu ndetse n'utuzi.
Muri 1967: King atangiza gahunda yo kurwanya ubukene asaba ko ubutunzi bgagaburwa bukagera no ku Birabura b'abakene. Yasohoye igitabo yise Where Do We Go from Here: Chaos or Community? (ko turaja hehe: imiyoborere mibi cangwa kuba umwe?)
Muri 1968: Yararashwe aricwa ahitwa i Memphis muri Tenessee. Nyuma y'urupfu rwe, habaye kwigaragambya mu bayoboke be mu miji irenga 100 ya Amerika.


DEBOUT CONGOLAIS NINDIRIMBO KI?


DEBOUT CONGOLAIS NINDIRIMBO KI?

Debout Congolais: Indirimbo yubahiriza igihugu ca Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Yimenye umenye n’amateka yayo.
Yanditswe ku minsi 10 / 04 /2011 - 07:10 A.M byanditswe na MANZI BOONY( Kampla)
Patrice Emery Lumumba waharaniye ubgigenge bga Congo Kinshasa.
Ifoto:
 Debout Congolais (Muhaguruke Bakongomani) n’umutwe w’indirimbo yubahiriza igihugu ca Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Mu rwego rwo gukumbuza no kwibutsa Abakongomani, cane cane abatuye mu mahanga, dore ko bamwe muri bo ariyo bavukiye, Umusanzu.blogspot.com yanyarukiye  mu mateka y’igihigu ca Congo ihasanga iy’indirimbo. Tubibutse ko iy’indirimbo yaririmbge mu rurimi rw’amahanga, igifaransa.

Umuntu agenzuye neza yasanga abaturage bavuga igifaransa muri Congo aribo bake. Indimi zivugwa muri Congo ni nyinshi cane ariko usanga abize bahuzwa n’uru rurimi rw’igifaransa. Tubibutse yuko ururimi rw’igifaransa rukoreshwa muri Congo cangwa bitewe nuko abakoronije iki gihugu (Ababirigi) bavuga igifaransa. Iyi n’imwe mu mpamvu yatumye iyi ndirimbo ihimbga mu gifaransa. 

Igihugu ca Congo cahoze nta ndirimbo icubahiriza kigira. Amakuru dukesha urubuga La Conscience yemeza ko kuva kera kose muri Congo haririmbgaga indirimbo yubahiriza igihugu c’Ababirigi. Iyi ndirimbo ikaba yitwa La Brabanconne. Iyi ndirimbo yaririmbgaga cane ku minsi 30 y’ukwezi kwa gatandatu, 1960; ababyibuka neza uyu munsi wararirimbgaga cane ku ngoma ya Perezida Mobutu, aho bagiraga bati: “Le 30 Juin bandeko biso tozui lipanda tomoni pasi bandeko na pilitique iyo.” Aha bashakaga kuvuga ku miyoborere mibi y’Abakoroni, bavuga ko kuri umunsi aribgo Congo yikukiraga. La conscience ikomeza ivuga ko kuri uyu munsi, ubgo Roi Baudouin yasomaga disikuru ye ya nyuma yaheshaga igihugu ca Congo ubgigenge, aribgo haririmbge ubga nyuma La Brabanconne. Kuri uyu munsi kandi nibgo ingunga n’ingoma (fanfares) za gisirikare zacuranze ubga mbere indirimbo yubahiriza igihugu ca Congo cari kimaze kuvuka ciyonkoye ku ngoma y’Abakoroni.    

Andi makuru makuru dukesha urubuga Wikipedia yemeza ko Debout Congolais yahagaritswe kuririmbga ubgo igihugu cahindurwaga izina kikitwa Zaire. Ico gihe yatsimbuwe n’iyindi ndirimbo yiswe La Zairoise. Ntibyahagarariye aha yuko nyuma yo gukuraho Perezida Mobutu mu mwaka w‘1997, ubutegetsi bga Perezida Desire Kabila bgongeye guhindura iyi ndirimbo busubizaho Debout Congolais. 

Iyi ndirimbo yahimbge n’uwitwa Joseph Lutumba. Uyu yahoze ari umwarimu wigisha iby’amateka. Nubgo Joseph ariwe wayihimbye ariko yaririmbge Pere Jesuit Simon-Pierre - Boka Dipansi-Londi. Iyi ndirimbo kandi igizwe n’amagambo ahamagarira Abakongamani guhuriza hamwe imishinga yabo berekeza mwiterambere rusange. Ikongera ikigisha abantu gukunda igihugu cabo (patriotism) no guharanira iterambere ry’igihugu.
. Gutegera indirimbo y’igihugu n’ingirakamaro yuko bituma umuntu akomeza gutekereza igihugu camubyaye. 
 Urashobora no gusoma aya magambo agize iyi ndirimbo mu rurimi rw’igifaransa:

Debout Congolais,
Unis par le sort,
Unis dans l'effort pour l'indépendance,
Dressons nos fronts longtemps courbés
Et pour de bon prenons le plus bel élan, dans la paix,
O peuple ardent, par le labeur, nous bâtirons un pays plus beau qu'avant, dans la paix.
Citoyens, entonnez l'hymne sacré de votre solidarité,
Fièrement, saluez l'emblème d'or de votre souveraineté, Congo.
Don béni (Congo) des aïeux (Congo),
O pays (Congo) bien aimé (Congo),
Nous peuplerons ton sol et nous assurerons ta grandeur.
(Trente juin) O doux soleil (trente juin) du trente juin,
(Jour sacré) Sois le témoin (jour sacré) de l'immortel serment de liberté
Que nous léguons à notre postérité pour toujours.



Thursday, 20 October 2011

REKA DUTEGE AMASO AMATORA ATEGURWA MURI CONGO

RDC : Kabila yizeye adashidikanya ko ariwe uzegukana intsinzi mu matora ya Perezida
Yanditswe kuya 19-10-2011 - Saa 13:53' na BONAVENTURE RUSHIMISHA





  • Perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Joseph Kabila, akaba n’umukandida mu matora y’umukuru w’igihugu azaba tariki ya 28 mu kwezi gutaha avuga ko yifitiye icyizere gihagije cyo kuzatsinda aya matora.
    Uwo mugabo yabaye umuperezida akiri muto ku mugabane w’Afurika (yafashe ubutegetsi mu 2001 afite imyaka 29) kuri uyu wa kabiri yatangaje ko yizeye ko azatsinda amatora akongera kuyobora icyo gihugu cya kabiri mu bunini kuri uyu mugabane.
    Akomeza agira ati :’’ Nibyo, gutsinda amatora ndabyizeye kandi cyane. Nzi neza ko ntashobora gutsindwa. Sinzi niba hari undi muntu ufite icyizere ko azatsinda amatora 100% ariko jye ndabyizeye, nizeye ko ntashobora gutsindwa ".
    Ibiro ntaramakuru by’Abafaransa (AFP) dukesha iyi nkuru bitangaza ko ibi Kabila yabivuze asubiza ibyari byavuzwe na Etienne Tshisekedi, umwe mu barwanyije ubutegetsi bwa Kinshasa igihe kirekire akaba nawe ari mu bazahatanira uyu mwanya, aho yavugaga ko ariwe uzatsinda amatora.
    Kabila avuga ko Abanyekongo atari ibicucu, ko basobanukiwe ibijyanye n’ibya politiki kandi bazi guharanira inyungu zabo.
    Ati :’’ Abaturage si ibicucu, ibya politike barabyumva, bazi ubwenge kandi ni n’abahamya b’ibishobora kubagirira akamaro ".
    Icyakora ariko Kabila n’ubwo avuga ko yizeye gutsinda amatora, yongeraho ko aramutse atsinzwe yarekura ubutegetsi akareka uwamutsinze akayobora ; gusa ngo ibyo gutsindwa byo ntabitekereza.
    Biteganyijwe ko amatora y’umukuru w’igihugu n’ayabagize Inteko Ishinga Amategeko muri iki gihugu azaba tariki 28 Ugushingo uyu mwaka. Aha Kabila yizeza abaturage ko bazatora mu mucyo, mu mutekano no mu bwisanzure ngo kubera ko igihugu kizaba gifite umutekano uhagije. Ati :’’ Inyeshyamba ebyiri cyangwa eshatu zitwaje intwaro mu Burasirazuba bwa Congo sizo zizabuza amatora kuba".

    NIRYARI AFRICA IZABONA UBWIGENGE!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!

    Libiya : Syrte yafashwe, CNT iratangaza ko Kadhafi yapfuye
    Yanditswe na BONA RUSHIMISHA Umuyobozi w'ikinyamakuru umuvugizi.blogspot.com kuwa 20/10/2011
     

    Ingabo za CNT zimaze gutangaza ko zigaruriye umujyi wa Syrte Kadhafi akomokamo kuri uyu wa Kane tariki ya 20 Ukwakira 2011. Aka gace ka nyuma gafashwe mu gihe hari hashize ukwezi kose habera intambara y’inkundura hagati ya CNT n’abarwanyi bashyigikiye Muammar Kadhafi.
    Nyuma yo kwigarurira agace ka Bani Walid kuwa Mbere w’iki cyumweru, ingabo za CNT zagoteye abashyigikiye Kadhafi mu gace kitwa No. 2 gafite ubuso bungana na kilometero kare imwe gusa.
    Amakuru dukesha ikinyamakuru Le Figaro avuga ko igitero cyafashe umujyi wa Syrte cyatangiye ahagana mu ma saa mbili za mu gitondo, kikaba cyamaze iminota 90 gusa. Ayo makuru akomeza avuga ko bamwe mu byegera bya Kadhafi bashatse guhunga bifashishije imodoka ntibyabashobokera kuko bahise baraswaho n’indege za OTAN, nk’uko ubuyobozi bukuru bw’uyu muryango bubitangaza.
    CNT nayo yatangaje ko yarashe imodoka nyinshi z’abageragezaga guhunga.
    Amakuru ku buzima bwa Kadhafi akomeje gutera urujijo
    Mu gihe mu masaha make ashize, Abdel Majid uyobora ingabo za CNT yari yatangaje ko bataye muri yombi Colonel Muammar Kadhafi, kuri ubu noneho biravugwa ko uwo mugabo yaba yapfuye azize ibikomere yari yagize mu mutwe no ku maguru yombi. Ayo makuru yatangajwe n’ubuvugizi bwa CNT i Misrata mu minota mike ishize, akaba akomeje kugarukwaho cyane n’ibitangazamakuru mpuzamahanga.
    Abdel-Basit Haroun, umwe mu bayobozi b’ingabo ba CNT nawe yatangarije Reuters ko Kadhafi yari yafashwe ariko nyuma aza gupfa kuko yari yakomeretse cyane. Ku ruhande rw’ubuyobozi bwa CNT nyirizina, Minisitiri w’itangazamakuru Mahmoud Shammam yatangarije Reuters ko koko Kadhafi yapfuye.
    AFP yo iratangaza ko umuvugizi wa CNT, Abdel Hafez Ghoga yagize ati " Muammar Kadhafi wayoboraga Libiya yapfuye kandi Syrte yabohojwe".
    Ingabo za CNT rwagati muri Syrte
    Gusa nanone amakuru nk’aya ntiyagiye yizerwa muri iyi ntambara ya Libiya kuko ni kenshi CNT yagendaga ivuga ko yafashe imijyi kandi bitabaye, ni na kenshi bagendaga bavuga ko bafashe cyangwa bishe bamwe mu bahungu ba Kadhafi, cyane cyane Khamis (batangaje inshuro 3 ko bamwishe), Saadi na Muhammad (bavugaga ko babataye muri yombi) na Moatassem Kadhafi bavugaga ko bafashe mu minsi ishize kandi ataribyo.
    Kuba Syrte yafashwe byo ntibishidikanywaho, ariko iby’ifatwa n’urupfu rwa Kadhafi bikomeje kuvugwaho ibitandukanye, mu gihe bagitegereje ko haza gihamya y’ukuri y’uko koko byabaye. OTAN, USA, u Bwongereza n’u Bufaransa bishimiye ifatwa rya Syrte, ariko ntacyo baratangaza ku kuba Kadhafi yafashwe cyangwa atakiriho.
    Amafoto ya AFP na Al Jazeera
    Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa (AFP) biremeza ko byahawe amafoto yerekana Muammmar Kadhafi akimara kuraswa. Ayo mafoto ni ayo bita snapshots, ni ukuvuga ko yakuwe ku mashusho (video). AFP ivuga ko video zafashwe n’ingabo za CNT kuri telefoni zigendanwa nyuma y’aho imodoka Kadhafi yarimo n’izari zimukikije zaraswaga n’indege za OTAN.
    Izo video zikaba zanerekanwe na Al Jazeera.
    Abandi bivugwa ko bapfuye ni Aboubakr Younès Jaber wahoze ari minisitiri w’ingabo wa Kadhafi na Moatassem, umwe mu bahungu ba Kadhafi.
    Ifoto bivugwa ko ari iya Moatassem, umwe mu bahungu ba Kadhafi
    Ifoto bivugwa ko yerekana Muammar Kadhafi mbere y'uko apfa
    Umunyamakuru Marine Olivesi wa France 24 wari i Syrte ubu akaba ari i Misrata nawe yemeza iby’ayo mashusho, ndetse ngo bamwe mu baganga baganiriye bamubwiye ko babonye Kadhafi azanwa kwa muganga mbere y’uko apfa.

    Tuesday, 11 October 2011

    IKO ISHINGURYA RYABACU BAZIZE AKARENGANE BYAGENZE IBUVIRA


    AMAFOTO: Dore uko byari bimeze i Buvira umunsi wo gushingura Abanyamurenge biciwe i Fizi.
    Yanditswe ku minsi 10 / 10 /2011 - 10:59:19
    Nyakwigendera KABUTENI
    Ifoto: Joseph

    CALIFORNIA, AMERIKA - Ubushize twabagejejeho amakuru y’ishingurwa ry’inzirakarengane ziciwe ahitwa Lukongo, i Fizi, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo. Uyu muhangao wo gushingura wabereye mu muji wa Uvira. Iyi nkuru iribanda ahanini ku mafoto yahafatiwe. Aya mafoto arafasha benshi kwibuka ba nyakwigendera. Ubundi kandi birafasha umuntu wese utari ubazi kubamenya. Gusa ntitwabashije kubona amafoto y’abitabye bose uko ari barindwi ariko tuzakomeza tuyabashakire. Ikindi kandi nuko ubutaha tuzabagezaho imyirondoro ya banyakwigendera nibidushobokera.

    Ikindi kandi, amakuru twakiriye mu mwanya muto ushize avuga ko ikiriyo c’imiryango ya banyakwigendera arico carangiye umunsi w’iposho ushize ariko hateganyijwe ikindi kiriyo kinini cane kizaba kirimo abantu benshi barimo n’abazaba baturutse mu mahanga ya kure. Iki kiriyo badutangarije ko kizaba ku minsi 23 z’uku kwezi kwa cumi turimo i Buvira. 

    Aya n'amwe mu mafoto yafatiwe i Buvira m'umuhango wo gushingura:

    Nyakwigendera KABUTENI.
    Nyakwigendera KANDOTI.
    Nyakwigendera MUSORE.
    Nyakwigendera NYABISAGE.
    Nyakwigendera GIFOTA.
    Abayobozi b'amatorero RUBENI (w'ikoti ryirabura) na MANASI (w'ikori ryera).
    Abana ba nyakwigendera KANDOTI baririra se.
    Na Colonel BISOGO yarahari (uwo wunamye ufite isapu itukura ku bitugu).
    Uyu ni Ministre BIGANZA.
    Abana bafashe ifoto ya nyakwigendera MUSORE.
    Uyu ni GILBERT mukuru wa nyakwigendera MUSORE.
    Colonel MWUNGURA nawe yarahari.
    Abantu bari benshi cane imbere y'ikanisa rya CADC ku KIMANGA.
    Ibitekerezo 1

    Monday, 12 September 2011

    INGARUKA ZO KUTAGIRA IGIHUGU

    Nkuko abize ibyiyoboka mana babivuga akenshi ko umugisha imana itanga ari IGIHUGU,niyo mpamvu akenshi iyo abantu batswe ubwenegihu nigihugu runaka usanga, bangwa aho bageze hose ndetse aho bavuze akarengane kabo ntibumvirwe kuko ibintu byose ubu bisigaye bishingiye kubukungu, mbese iyo mudaite igihugu ubukungu nabwo ntabwo muba mufite.
    IGIHUGU nimwe mumigisha imana itanga kubantu, bitavuze ko ntawe imana itahaye igihugu, gusa abantu nibo bakwaka ubwenegihugu, kubwimamvu zamateka, idini,ibara ryuruhu rwawe nibindi......

    gusa imana iba yaratanze igihugu kubantu bose, gusa zimwe mungaruka umushakashatsi Jean Pierre yashize mugitabo cye yavuze ko iyo udafite igihugu,( yavuze ko ntamuntu utagira ubwene gihugu usibyeko habaho kubwirengangiza kenshi ubisanga kumugabana wa africa.)

    1. uba usa nkaho ntaho ubarizwa hano kwisi,
    2. ntajambo ugira mubantu kuko uba usa nkaho uri inyamanswa udafite uruhare kukuyobora ubutaka, nibintu
    3. nta vision ushobora kugira kuko ntaho uyigirira ( muburyo burambye)
    4. isambu ubona ntiba iyawe nabazagukomokaho bose kubera iyo uri umunyamahanga aho uguze ikibanza akenshi cyitwa ubukode
    5. amateka yawe aba limite
    6. ntamurage utanga.
    7. umuco wanyu urabura( urashira)
    8. bagukoresha ico bashatse kuko udafite ahandi wajya
    9.uba usa numuntu wanyazwe
    10. uhora mukwibaza aho ukomoka( igihugu cyakwatse ubwenegihugu, uburyo wabubona.....) mugihe abandi bari kuzamura ubukungu, education, santé, nibinndi byinshi byiterambere)
    11. ubukene buba bwinshi kurubwo bwoko( abana ntibiga, indwara zibanyinshi kubera ubuhungiri nibindi..)
    12. nibndi tuzaza kubona mugice cya 2


    Gusa igisubizo gishobora kuboneka nkuko ubitekereza nikihe?
    nkuko mbibona cgse mbitekereza nuko abo muri ubwo bwoko bagomba kuboneka bamwe batanga ibyabo, batanga amaraso yabo, batanga umwanya wabo,babyiyemeza muribo bakaburwanira nkoku Nehemiya yitanze areka ibindi byose ajya kurwanira abiwabo nkinke ziwabo zari zarasenwe,
    niko natwe tugomba kureka kureba kunyungu dufite ubu, kubiteye ubwoba biho ubu nibindi bicya ntege tukarwanira igihugu cyacu tukitwa abaco, tugasubizwa ibyacu byari byaranyazwe, ndetse tugatura ahacu hakitwa ahacu.... tukarya imbuhu nimishiba, ibyumfa, nimishishiri, za fungo, isogo, inkeri, amasonga ibituku nibindi bitaboneka ahandi mubihugu ataniyemo
    ESE MWE NTIMUBONA KO TUMEZE NABI!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!